Isomero ryose rya Islamu
1

Ubwo isi izatigiswa n’umutingito ukomeye,

2

Nuko isi igasohora imitwaro yayo (ibiyirimo),

3

Umuntu azavuga ati “Ese noneho (isi) yabaye iki?”

4

Uwo munsi (isi) izavuga inkuru zayo (z’ibyayibereyeho),

5

Kubera ko Nyagasani wawe azaba yayibitegetse.

6

Kuri uwo munsi, abantu bazasohoka (mu mva) batatanye kugira ngo berekwe ibikorwa byabo.

7

Icyo gihe uzaba yarakoze icyiza gifite uburemere bungana n’akantu gato cyane kurusha ibindi, azakibona (agihemberwe).

8

N’uzaba yarakoze ikibi gifite uburemere bungana n’akantu gato cyane kurusha ibindi, azakibona (agihanirwe).