100 - The Courser - Al-`Ādiyāt
:1
Ndahiye amafarasi yiruka cyane avuza imirindi,
:2
Akubita (ibinono) bigatarutsa ibishashi by’umuriro,
:3
N’amafarasi agaba igitero mu rukerera,
:4
Akanatumura umukungugu,
:5
Akinjira hagati mu ngabo z’umwanzi.
:6
Mu by’ukuri umuntu ni indashima kuri Nyagasani we,
:7
Kandi rwose ibyo yabibera umuhamya,
:8
Ndetse akunda imitungo bikabije.
:9
Ese ntazi ko hari igihe abari mu mva bazazurwa?
:10
N’ibiri mu bituza (by’abantu) bigashyirwa ahagaragara?
:11
Mu by’ukuri uwo munsi Nyagasani wabo azaba azi neza ibyabo.