Isomero ryose rya Islamu

75 - The Resurrection - Al-Qiyāmah

:1

Ndahiye umunsi w’izuka,

:2

Nanarahiye umutima (w’umwemeramana) ugaya nyirawo (kubera guteshuka ku nzira igororotse).

:3

Ese umuntu (w’umuhakanyi) akeka ko tutazakoranya amagufa ye (tumuzura)?

:4

Ni byo! Dushoboye no kuringaniza imitwe y’intoki ze (imirongo iyiriho igasubira nk’uko yari imeze mbere).

:5

Ahubwo umuntu (ahakana izuka) ashaka icyatuma akomeza kwibera mu bwangizi!

:6

Abaza (akerensa) ati “Uwo munsi w’izuka uzaba ryari?”

:7

(Uwo munsi uzaba) igihe amaso azakanaguzwa (kubera ubwoba),

:8

N’ukwezi kukazima,

:9

Ndetse izuba n’ukwezi bigahurizwa hamwe (kimwe kikinjira mu kindi).

:10

Icyo gihe umuntu azavuga ati “Ni he ho guhungira?”

:11

(Azabwirwa ati) “Oya! Nta ho guhungira hahari!”

:12

Kuri uwo munsi, igarukiro rizaba ari kwa Nyagasani wawe (wenyine).

:13

Kuri uwo munsi, umuntu azabwirwa ibyo yakoze mbere n’ibyo yaherutse (byaba ibyiza cyangwa ibibi).

:14

Ahubwo umuntu azibera umuhamya w’ibyo yakoze (kuko ingingo z’umubiri we ari zo zizamushinja ibyo yakoze).

:15

Kabone n’ubwo yatanga impamvu ze (agamije kwiregura).

:16

(Yewe Muhamadi), ntukanyeganyeze ururimi rwawe kubera ubwira ngo (Qur’an) itagucika (ugira ngo uvuge ibyo uhishurirwa, ahubwo ujye utega amatwi wumve ibyo uba uhishurirwa na Malayika Jibrilu).

:17

Mu by’ukuri ni twe tuzayikusanyiriza (mu gituza cyawe) kandi ni natwe tuzakwigisha kuyisoma (Qur’an),

:18

Nituyigusomera (binyuze kuri Malayika wacu), ujye ukurikira isomwa ryayo.

:19

Hanyuma ni twe (Allah) tuzayigusobanurira.

:20

(Ibyo mukeka ko mutazazurwa mukanabazwa ibyo mwakoze) si ko biri; ahubwo mukunda ubuzima bwo ku isi butaramba,

:21

Mukirengagiza imperuka.

:22

Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba burabagirana,

:23

Bureba Nyagasani wabwo.

:24

Kuri uwo munsi kandi, uburanga (bw’abahakanyi) buzaba bwijimye,

:25

Bibaza ko bagiye guhura n’ishyano.

:26

Uramenye (utazarutisha isi imperuka, kuko) iyo (roho) igeze mu ngoto (igihe cyo gupfa),

:27

Hanyuma hakavugwa ngo “Ni nde wamutabara (akamurinda urupfu)?”

:28

Nuko (ugiye gupfa) akamenya ko igihe cyo gutandukana (gupfa) cyageze.

:29

Maze (kubera ububabare bwo gukurwamo roho), ukuguru kwe kuzahuzwa n’ukundi.

:30

Kuri uwo munsi, (wowe muntu ukuwemo roho) uzerekezwa kwa Nyagasani wawe.

:31

Ariko (umuhakanyi) ntiyigeze yemera ndetse nta n’ubwo yigeze asali,

:32

Ahubwo yahinyuye (Qur’an) maze ayitera umugongo,

:33

Hanyuma akagenda yibona yerekeza mu muryango we,

:34

Ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi na none ufite akaga!

:35

Nyamara ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi ufite akaga!

:36

Ese umuntu yibwira ko azarekwa gusa (atabajijwe ibyo yakoze ngo abihemberwe cyangwa ngo abihanirwe)?

:37

Ese ntiyari intanga mu masohoro asohowe?

:38

Hanyuma akaba urusoro rw’amaraso, maze Allah akamurema, akanamutunganya (akaba umuntu wuzuye)?

:39

Maze akamuremamo ibitsina bibiri: gabo na gore,

:40

Ese uwo (Allah ukora ibyo) si We ushoboye kuzura abapfuye?